Indege nyinshi’ z’intambara za Amerika zakoreye impanuka muri Kuwait

Minisiteri y’Ingabo za Kuwait yatangaje ko kuri uyu wa Mbere indege nyinshi z’intambara za Leta Zunze Ubumwe za Leta zakoreye impanuka muri iki gihugu, gusa abapilote bazo bose bashobora kuzisohokamo ari bazima.
Kugeza ubu intandaro y’izo mpanuka ntiramenyekana, ariko Minisiteri y’Ingabo za Kuwait yavuze ko yarimo ikorana na Amerika, kugira ngo hamenyekane icyaziteye.
Amakuru y’ibanze aravuga ko imwe mu ndege za Amerika zakoze impanuka ari iyo mu bwoko bwa F-15. Amashusho yayo iri guhanuka akomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga.
Abaturage bo muri Kuwait bavuga ko babonye abapilote babiri bayisohokamo, mbere y’uko ihanuka ku butaka.
Ziriya ndege biravugwa ko zakoze impanuka, mu gihe intambara ikomeje mu burasirazuba bwo hagati nyuma y’ibitero Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byagabye kuri Iran ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Ni ibitero byaguyemo abayobozi benshi ba Iran barimo na Ayatollah Ali Khamenei wari Umuyobozi w’Ikirenga wayo.
Iki gihugu mu buryo bwo kwihimura, cyarashe za missile kinagaba ibitero ku bihugu bitandukanye baturanye birimo na Kuwait.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere Ibiro Ntaramakuru by’abanya-Kuwait byatangaje ko intwaro zirinda ikirere cya kiriya gihugu zashoboye gushwanyaguriza mu kirere za drone zigamije ikibi zarimo zisatira Umurwa Mukuru wa kiriya gihugu.


