Umujyi wa Kigali wahawe ikirango cya “UCI Bike City” yuma yo kwakira neza Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI) 2025

May 11th, 2026 09:57 AMBy Vainqueur Mahoro
Share
Umujyi wa Kigali wahawe ikirango cya “UCI Bike City” yuma yo kwakira neza Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI) 2025

Umujyi wa Kigali wahawe ikirango cya “UCI Bike City”, mu nama izwi nka ‘UCI Mobility & Bike City Forum’ yabereye i Athens mu Bugereki tariki 10-11 Gicurasi, nyuma yo kwakira neza Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI) 2025.

Iki gihembo ni igihamya cy’ibikorwa Umujyi wa Kigali ukomeje gukora mu guteza imbere ubwikorezi burengera ibidukikije n’iterambere rirambye.

 

Gishimangira kandi ubushake bw’u Rwanda mu guteza imbere Umukino w’Amagare, ubwikorezi butangiza ibidukikije no kwakira amarushanwa mpuzamahanga yo ku rwego rwo hejuru.

 

Tariki ya 21-28 Nzeri 2025 Umujyi wa Kigali wanditse amateka yo kuba umujyi wa mbere wo muri Afurika wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, aho iri rushanwa ngarukamwaka rizakinwa ku nshuro ya 98 kuva ribaye bwa mbere mu 1921.

 

Shampiyona y'Isi y'Amagare 2025 (UCI Road World Championships) yabereye i Kigali mu Rwanda yasojwe ku mugaragaro ku wa 28 Nzeri 2025. 

 

Iri rushanwa ryasojwe rishyize ahagaragara ibyishimo n'amateka akomeye kuri uyu mugabane wa Afurika: 

 

Ryitabiriwe n'abasiganwa baturutse mu bihugu birenga 100, rikaba ryaratangiye ku wa 21 Nzeri 2025.

 

Tadej Pogačar ukomoka muri Slovenia ni umwe mu begukanye imidari ya zahabu mu byiciro bikomeye, akaba yaragaragaje ubuhanga buhanitse mu misozi ya Kigali.

 

Abakinnyi b'u Rwanda bitabiriye iri rushanwa bagerageje kwitwara neza mu byiciro bitandukanye, berekana ko bafite ejo hazaza heza muri uyu mukino.

 

Iri rushanwa ryatumye u Rwanda rugaragaza ubushobozi bwo kwakira amarushanwa akomeye ku rwego rw'Isi, bituma n'ubukungu bw'ubukerarugendo bwunguka.

HICYjAWWMAA34V8.jfif
Umujyi wa Kigali wahawe ikirango cya “UCI Bike City” yuma yo kwakira neza Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI) 2025

 

HICYnXQWkAA_Yvd.jfif
Inkuru Bijyanye
Izindi