Niyonizera Judith watandukanye na Safi aritegura kwibaruka umwana wa kabiri

Oct 7th, 2025 15:27 PMBy Vainqueur Mahoro
Share
Niyonizera Judith watandukanye na Safi aritegura kwibaruka umwana wa kabiri

Niyonizera Judith uzwi nka Judy Boss Lady n’umugabo we King Dustin barimo kwitegura kwibaruka ubuheta.

Judith wamamaye cyane ubwo yakoraga ubukwe n’umuhanzi Safi Madiba wahoze mu itsinda rya Urban Boyz ariko ntibigende neza bagatandukana, yaje kubona umuhoza amarira.

 

Mu butumwa bw’amashusho yanyujije ku rubuga rwa ‘Instagram’ Judith yigaragaje yambaye agakabutura gato k’umukara n’agasutiye k’umukara yafunguye ibipesu by’ishati agaragaza ko atwite inda y’imvutsi, ari kumwe n’umugabo we King Dust ndetse n’imfura yabo batembera mu modoka.

 

Ati "Urakoze Mana ku bwa byose wadukoreye."

 

 

Nyuma yubwo butumwa yongeye kugaragaza ifoto yerekana ko atwite ayiherekeresha amagambo agira ati: Shimwa Mana.”

 

Judith Niyonizera na King Dust baritegura kwibaruka ubuheta mu gihe muri Nzeri 2023 bari bibarutse imfura yabo.

 

Aba bombi batangiye gukundana mu 2021, muri Gicurasi 2025 nibwo aba bombi baje gukora ubukwe, ni nyuma y’uko ubwo urwo yari yubakanye na Safi 2017 rutamuhiriye.

Niyonizera-Judith-watandukanye-na-Safi-Madiba-nyuma-yo-gukora-ubukwe-agiye-kubyara-bwa-kabiri-923x1024.jpg
Niyonizera Judith na King Dust babyaranye imfura mu 2023

 

WhatsApp-Image-2025-10-06-at-10.52.02_7d17327a.jpg

 

Inkuru Bijyanye
Izindi
Filime  “Umuganda” na “Beyond the Genocide” zikomeje kugeza inkuru z’u Rwanda ku Isi muri Festival zikomeye
Filime “Umuganda” na “Beyond the Genocide” zikomeje kugeza inkuru z’u Rwanda ku Isi muri Festival zikomeye

Filime mbarankuru “Umuganda” ya Zion Sulaiman Mukasa Matovu ikomeje gutera intambwe ku ruhando mpuzamahanga, nyuma yo gutoranywa mu iserukiramuco Filmambiente International Film Festival 2026 rizabera muri Brazil,, ibintu bibaye ku nshuro ya mbere kuri cinema yo mu Rwanda, ndetse ikaba imaze no kubona igihembo mu marushanwa yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Reba inkuru
Filime ya Clapton Kibonge yerekanywe mu Bufaransa
Filime ya Clapton Kibonge yerekanywe mu Bufaransa

Clapton Kibonge umaze iminsi i Paris mu Bufaransa, aho yagiye yitabiriye iserukiramuco rya filime ryitwa ‘Off Courts Festival’, yatumiwemo ku bufatanye na Mashariki Academy, yahakoreye filime yise ‘Identity’, yanerekanwe muri iri serukiramuco.

Reba inkuru
Yugi Umukaraza washinjwe ibiyobyabwenge no gusambanya ku gahato Shaddyboo yarekuwe
Yugi Umukaraza washinjwe ibiyobyabwenge no gusambanya ku gahato Shaddyboo yarekuwe

Yugi Umukaraza wari umaze igihe afunzwe nyuma yo gushinjwa icyaha cyo gusambanya ku gahato Shaddyboo cyabuze ibimenyetso byatuma akomeza kugikurikiranwaho n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge yarekuwe nyuma yo kumvikana n’Ubushinjacyaha akabwizeza kwisubiraho.

Reba inkuru
Abanyarwanda bafite ibitekerezo by’imishinga bagiye kubona urubuga “PitchStudio” rwo kubishyira mu bikorwa
Abanyarwanda bafite ibitekerezo by’imishinga bagiye kubona urubuga “PitchStudio” rwo kubishyira mu bikorwa

Abanyarwanda bafite ibitekerezo by’imishinga ariko bakabura igishoro cyangwa amahirwe yo kubishyira mu bikorwa bagiye kubona urubuga rushya rushobora kubafasha kubyaza umusaruro ibyo bitekerezo, binyuze muri gahunda nshya y’umushinga wiswe ‘Pitch Studio’, wo gufasha ba rwiyemezamirimo bafite imishinga ikiri mu bitekerezo ndetse n’iyatangiye ariko ifite ikibazo cy’ubushobozi bwo kwagura ibikorwa.

Reba inkuru