agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026 gatwawe numubiligi Mathjis De Clercq

Feb 25th, 2026 11:55 AMBy Edison NIYOMUREMYI
Share
agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026 gatwawe numubiligi Mathjis De Clercq

Mathjis De Clercq ukomoka mu Bubiligi akaba akinira Soudal Quick-Step Devo Team yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026 akoresheje amasaha atatu, iminota 5 n’amasegonda 55.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Gashyantare 2026 ni bwo Tour du Rwanda 2026 yakomeje hakinwa agace ka Kane kavuye i Karongi kerekeza i Rubavu ku ntera y’Ibilometero ku ntera y’Ibilometero 127,2 Km.

 

Saa Sita z’amanywa ni bwo isiganwa ryatangiye abakinnyi babanza gukora hafi ibirometero bibiri [1,9 Km] badasiganwa. Nyuma y’iminota micye igikundi cyahise gitangira gucikamo ibice.

 

Julian Borresch ukinira REMBE| rad-net, niwe wegukanye amanota yo kuzamuka umusozi wa mbere yatangiwe i Gisaze. Imbere hakomeje kuba igikundi cy’abakinnyi 19 bari bari imbere aho bari biganjemo abakinira Soudal Quick.

 

Julian Borresch yongeye kwegukana amanota yo kuzamuka umusozi wa kabiri yatangiwe i Rutsiro ku kilometero cya 30,5.

 

Umunyarwanda Manizabayo Eric ’Karadiyo’ ukinira Benediction Banafrica Team nawe wari kumwe n’abakinnyi 19 b’imbere yaje kubavamo aragenda anegukana amanota y’Umusozi wa Gatatu.

 

Ntabwo byatinze byarangiye Karadiyo afashwe n’abandi bakinnyi 15 baba 16 muri rusange. Ubwo isiganwa ryari ryinjiye mu bilometero 20 bya nyuma abakinnyi batatu ari bo Kretschy, Cuylits na De Clercq bahise bajya imbere.Mathjis De Clercq ukinira Soudal Quick-Step Devo Team yahise anegukana amanota y’umusozi wa Kane yatangiwe ku musozi wa Rambo.

 

Mathjis De Clercq yakomeje kuba imbere birangira yegukanye agace ka Kane Tour du Rwanda 2026 akoresheje amanota atatu, iminota itanu n’amasegonda 55.

 

Yakurikiwe na Kretschy Moritz ukinira NSN Development Team bakaba bose bakoresheje ibihe bingana. Tarling Luke Finlay ukinira NSN Development Team ni we wabaye uwa Gatatu akaba yasizwe iminota ibiri n’amasegonda 15.

Umunyarwanda waje hafi ni Byukusenge wasoreje ku mwanya wa 13 aho yasizwe iminota ibiri n’amasegonda 15.

 

Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 23 ukinira Ikipe ya NSN Devo Team ni we wambaye umwambaro w’umuhondo aho ari we uri ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange.

 

Ku rutonde rusange, Umunyarwanda uza hafi ni Niyonkuru Samuel akaba ari ku mwanya wa 17 aho asigwa iminota ine n’amasegonda 59.

Inkuru Bijyanye
Izindi