Nyuma ya Richard Nick Ngendahayo ,Rev Emmanuel Ganza nawe arifuza gutaramira muri BK Arena

Nov 18th, 2025 13:47 PMBy Vainqueur Mahoro
Share
Nyuma ya Richard Nick Ngendahayo ,Rev Emmanuel Ganza nawe arifuza gutaramira muri BK Arena

Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Rev Emmanuel Ganza, yageze i Kigali aho yitabiriye igitaramo cya Richard Nick Ngendahayo kizabera muri BK Arena, tariki ya 29 Ugushyingo 2025, ndetse agaragaza inyota atewe no gutaramira muri iyi nyubako nyuma ya Richard Nick Ngendahayo.

Rev Emmanuel Ganza niwe washinze Itorero House of Grace muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yageze i Kigali tariki ya 17 Ugushyingo 2025, abwira itangazamakuru ko aje gushyigikira Richard Nick Ngendahayo, nk’umuvandimwe we, ndetse aje kwiga ikibuga kuko nawe yifuza kuhataramira.

 

Yagize ati: “Richard mwita mukuru wanjye, gukura tukamenyana, ni ibintu bidasanzwe no kuza kumufasha ni ukumwereka ko mushyigikiye.”

 

“Kubera ko ntarakorera muri BK Arena, buriya no kuza mu gitaramo cy’umuvandimwe Richard, ni ukuza kureba uko BK Arena imeze, ni n’ishuri buriya kubera ko iyo dushaka gukora ikintu cyiza, urabanza ukiga.”

 

 

Yavuze ko aje mu Rwanda akubutse muri Tanzania kuva muri Kamena 2025, ndetse ateganya gusubirayo muri Werurwe 2026, nyuma akagaruka gutaramira mu Rwanda.

 

Ati: “Ni byo biri muri gahunda dufite yo kuzakorera muri BK Arena, dufite igiterane turi gutegura hano mu Rwanda, abaririmbyi tuzakorana nabo bamwe bari muri Amerika, bazadufasha.”

 

Rev Ganza Emmanuel yavuze ko hari abahanzi beza bo mu Rwanda yifuza ko bazakorana haba muri icyo gitaramo cyangwa mu yindi mishinga ye irimo indirimbo n’ibiterane.

 

Uyu mugabo wakiriye agakiza mu 2001, yinjiye mu muziki ashaka kuziba icyuho cy’abaririmbyi ba Korali Impuhwe yo ku Gisenyi baririmbanaga bakoreye impanuka mu Karere ka Kamonyi, hakitaba Imana abantu 18.

Rev Emmanuel azwi mu ndirimbo zirimo ‘Heshima, Ikiniga, Amavi, Kisuli Suli, Ajabu, Ndiwe Mungu, Desire, Able, Urakoze cyane n’izindi nyinshi.

585241765_1255729816588764_3166700275019402747_n.jpg
Inkuru Bijyanye
Izindi
 Abasore Baryamanye Bari Babyumvikanyeho: Icyo Semuhungu Avuga Ku Byaha Akurikiranweho
Abasore Baryamanye Bari Babyumvikanyeho: Icyo Semuhungu Avuga Ku Byaha Akurikiranweho

Semuhungu Eric wamamariye ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda ntiyemera ibyo aregwa n’abasore babiri bamushinja kubasambanya ku gahato akavuga ko baryamanaga babishaka ndetse banabyumvikanyeho.

Reba inkuru
 Kwibuka32: Filimi “Beyond the Genocide” ikomeje kwandika amateka aho yifashishwa muri Kaminuza zo mu Rwanda no muri Brazil
Kwibuka32: Filimi “Beyond the Genocide” ikomeje kwandika amateka aho yifashishwa muri Kaminuza zo mu Rwanda no muri Brazil

Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bikomeje ibihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, filimi mbarankuru yitwa Beyond The Genocide yayobowe na Zion Sulaiman Mukasa Matovu, ikomeje kwandika amateka mashya mu rugendo rwa sinema y’u Rwanda ndetse no hirya no hino ku Isi aho irikwifashishwa mu Kwigisha amateka no mu biganiro byimbitse mu banyeshuri, cyane cyane muri za kaminuza zitandukanye kuva mu Rwanda kugera muri Brazil n’ibindi bihugu.

Reba inkuru
Eric Semuhungu yatawe muri yombi
Eric Semuhungu yatawe muri yombi

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry yatangaje ko Semuhungu Eric yatawe muri yombi ku wa 9 Mata 2026.

Reba inkuru
#Kwibuka32: Minisitiri Amb Nduhungirehe na Utumatwishima bifatanyije n'urubyiruko 12,000 rwitabiriye igikorwa cya “Our Past26”
#Kwibuka32: Minisitiri Amb Nduhungirehe na Utumatwishima bifatanyije n'urubyiruko 12,000 rwitabiriye igikorwa cya “Our Past26”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, bifatanyije n'urubyiruko rurenga ibihumbi 12 rwitabiriye igikorwa “Our Past26”, kigamije kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Reba inkuru