Irebere ubwiza n’ikimero cya Natasha ubitse umutima wa Kimenyi Yves wa Miss Muyango

May 7th, 2026 09:44 AMBy Vainqueur Mahoro
Share
Irebere ubwiza n’ikimero cya Natasha ubitse umutima wa Kimenyi Yves wa Miss Muyango

Nyuma y’umwaka bihwihwiswa ko Kimenyi Yves yatandukanye n’umugore we Miss Muyango Claudine, ubu byemejwe ko ari mu munyenga w’urukundo n’umukunzi we mushya uba uri Australia banafitanye abana b’impanga

Kimenyi Yves yemeje iby’uru rukundo rwe rushya binyuze mu kiganiro cyabaye imbonankubone ‘Live’, kuri TikTok, mu ijoro ryakeye tariki ya 06 Gicurasi 2026.

 

Uyu mugabo wahoze ari umunyezamu mu makipe nka Rayon Sports, n’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) na APR FC yemeje ko kuri ubu ari mu munyenga w’urukundo n’umugore witwa Natasha.

 

Kimenyi Yves yabajijwe niba Natasha ari umukunzi we, maze ahita abyemeza adaciye ku ruhande. Ati “Ni uwa nyawe.”

 

Uyu Natasha bita Nana wigaruriye Kimenyi Yves ntasanzwe abarizwa mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

 

Natasha yashimangiye ko ari mu rukundo na Kimenyi Yves asobanura nk’umugabo mwiza ukunditse, kandi buri mugore wese yakwifuza.

 

Natasha yakomeje avuga ko urukundo rwe na Kimenyi Yves rukomeye nk’inyundo aho yatangaje ku mugaragaro ko bafitanye abana b’impanga.

 

Ati “Ni impanga ze inshuro ebyiri, hari uzirwanira ngo nzimuhe?”.

 

Umwaka urashize Kimenyi Yves atandukanye n’uwahoze ari umugore we, Muyango Claudine gusa aba bombi bakaba baremeranyije kujya bahurira ku nshingano zo kwita ku mwana bafitanye w’umuhungu witwa , Kimenyi Miguel Yanis.

229467-820x1024.png
17781398779851778139853329.jpeg
17781398888071778139848542.webp
17781400693491778140032879.jpeg
17781400830381778140013737.webp
17781401729511778140094501.jpeg
17781401977881778140177415.jpeg
17781397503571778139701985.jpeg
627323245_18054607793412187_5163410063476463902_n-2a1fd.jpg
229405-819x1024.jpg
229404-1024x1024.jpg
Inkuru Bijyanye
Izindi