"ntewe ishema no kwica abategetsi ba iran" Trump yavuze ko atewe ishema no kwica abategetsi ba Iran

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko ari “ishema rikomeye” kuba arimo kwica abo mu butegetsi bwa Iran.
Mugitondo cyo kuwa 13 Werurwe 2026, Perezida Donald Trump yanditse ku rubuga rwe Truth Social ati: “Turimo gusenya nyabyo ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran, igisirikare, ubukungu n’ibindi.
Igisirikare cya Iran cyagiye, igisirikare kirwanira mu kirere nta kigihari, za misile, n’ibindi byose birimo gusibwa, kandi n’abategetsi babo bavanywe ku isura y’isi.
Hagati aho Iran yo ikomeje ibitero byo kwihimura kuri Israel n’ibihugu bituranye na yo aho Amerika ifite ibirindiro by’ingabo.
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ubu kirimo guhangana n’ibitero bya za misile zarashwe na Iran zerekeza kuri Israel
Intabaza ziburira rubanda zumvikanye mu bice byibasiwe muri Israel kandi ubutumwa bwo kuri telephone bubwira abantu kujya mu bwihisho bwoherejwe mu bice bitandukanye bya Israel, nk’uko ingabo zibivuga.
Trump we yavuze ko Amerika ifite intwaro “zitagereranywa, n’igihe gihagije” – ati: “Murebe ibigiye kubabaho uyu munsi”.
Aterekanye ibihamya, Trump ashinja abategetsi bwa Iran “kwica inzirakarengane” mu myaka 47 ishize.
Ati: “None ubu, njyewe Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndimo ndabica. Mbega ibintu biteye ishema gukora!”.
Hari abantu bashyigikiye ibikorwa n’amagambo ya Trump, mu gihe abandi bamunenga gushora isi mu ntambara, ubwicanyi ku basivile, no guteza ingaruka mbi kuri benshi ku isi.
inkuru irimo kuvugwa kuri uyu wa gatandatu taliki 14 werurwe 2026, ni ivuga ko ndege ebyiri z’igisirikare cya Amerika zahanukiye mu Burengerazuba bwa Iraq, imwe ishinzwe kongerera amavuta indege z’intambara irashwanyagurika mu gihe indi yabashije kugera ku butaka neza.
Byabaye ku wa 12 Werurwe 2026. Indege yitwa KC-135 ishinzwe kongera amavuta mu zindi ziri mu kirere ni yo yashwanyutse.
Iyi ndege yifashishijwe cyane mu bitero byagabye kuri Iran bikomeje kugirwamo uruhare na Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yifashishwaga mu kongerera amavuta mu ndege z’intambara.
Iyi ndege yashwanyutse yakozwe n’uruganda rwa Boeing. Ifite ubushobozi bwo kwifashishwa mu kongera amavuta mu zindi zigenda, ikanagira uruhare rukomeye mu bikorwa bya gisirikare bya Amerika.
Iyi mpanuka yatumye abasirikare ba Amerika baguye mu ntambara ya Iran bagera kuri 11. Kugeza ubu bivugwa ko Amerika imaze kuburira indege enye muri iyi ntambara.
Boeing yakoze indege za KC-135 Stratotanker hagamijwe gukoreshwa mu gisirikare mu myaka ya 1950.



