Gupfusha imfura y’amezi atanu byashibutsemo inganzo ya Ben na Chance

Itsinda ry’abaririmbyi baramya bakanahimbaza Imana, Pastor Benjamin Serugo na Mbanza Chance, bazwi nka Ben na Chance bahishuye ko indirimbo zabo nyinshi zituruka ku buzima bwabo bwite n’ibyo banyuramo mu rugendo rwabo n’Imana, urubyaro rwabo ndetse n’ibindi bishingiye ku kwizera.
Aba bahanzi bagarutse kuri ibi ubwo bari bitabiriye ibirori bya Gen Comedy Show byabaye mu ijoro rya tariki 12 Werurwe 2026 byabaye mbere y’uko bataramira abanyarwanda muri BK Arena ku wa 5 Mata 2026.
Aba bahanzi bombi bavuga ko ingazo yabo yo kuririmba yashibutse nyuma y’ibihe bikomeye banyuzemo nyuma kubura umwana wabo w’imfura witabye Imana afite amezi atanu gusa.
Ben ati: “Twagize umugisha muri 2015 turibaruka, ariko hashize amezi atari menshi umwana wacu yitaba Imana. Muri ibyo bihe by’umubabaro nahise numva indirimbo mu mutima wanjye, ari yo yaje kwitwa ‘Ugushikamijeho Umutima’.”
Ben yavuze ko icyo gihe banyuze mu bihe bikomeye, birimo amagambo atari meza umugore we yabwirwaga n’abantu batandukanye, cyane cyane mu gihe bari bagitegereje ko Imana ibaha undi mwana.
Nyuma y’icyo gihe cy’igeragezwa, Ben yavuze ko Imana yongeye kubagirira neza ibaha undi mwana, ari na bwo bahimbye indirimbo “Yesu Arakora”, igaragaza ko kwizera kwabo kutigeze guhungabana.
Ben na Chance bagaragaza ko buri mwana wabo bafite yagenewe indirimbo, ndetse ko hari iya kane bagiye gukora batuye umuhungu wabo.
Ati: “Dufite n’indi ndirimbo ya kane izaba yeguriwe umwana wacu w’umuhungu. Twifuza ko buri mwana wacu azajya yumva ko hari indirimbo twamukoreye.”
Yakomeje avuga ko ubwo bibarukaga umwana wa kabiri, ari bwo bakoze indirimbo “Mu Nda y’Ingumba”, yasohotse ku wa 3 Werurwe 2023, igaragaza uburyo bumvaga imbabazi n’ubuntu bw’Imana mu buzima bwabo.
Ben yavuze ko n’igihe bibarukaga umwana wa gatatu, byabaye impamvu yo gukora indirimbo “Zaburi Nshya”, yasohotse ku wa 26 Mutarama 2024, igamije gushimira Imana ku bw’ibyiza yakomeje kubagirira.
Ben Chance batangiye gukorana umuziki mu 2012 nyuma yo kuririmbana muri Alarm Ministries, mbere yo gushyingiranwa mu 2014, bakomeza urugendo rwabo rwo gukorera Imana binyuze mu muziki.
Ben na Chance, muri iyi minsi bari mu myiteguro y’igitaramo kinini bateganya gukorera muri BK Arena tariki ya 5 Mata 2026, kizaba kigamije kwizihiza Umunsi wa Pasika.
Ni itsinda rimaze kumenyekana cyane mu Rwanda no mu bindi bihugu, binyuze mu ndirimbo zabo zo kuramya no guhimbaza Imana zirimo “Yesu Arakora”, “Zaburi Nshya”, “Amarira”, “Impano y’Ubuzima” n’izindi zakunzwe n’abatari bake.








