Abarimo Djihad, Pappy Nesta, na KJohn bakatiwe gufungwa imyaka itatu

Feb 27th, 2026 12:54 PMBy Edison NIYOMUREMYI
Share
Abarimo Djihad, Pappy Nesta, na KJohn bakatiwe gufungwa imyaka itatu

Nyuma yo kuburana mu mizi ku cyaha bacyekwagaho cyo gukwirakwiza amashusho yerekeye imikoreshereze y’ibitsina, abakubiye muri dosiye y’ikirego cy’umuhazi Yampano bamaze gukatirwa.

Kuri uyu Gatanu tariki ya 27 Gashyantare 2026 Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwakatiye igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3 Frw Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Kwizera Papy Nestor uzwi nka Papy Nesta, Ishimwe Francois Xavier na Kalisa John uzwi nka K John.

 

Icyakora Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man yagizwe umwere ku cyaha cyo gusakaza no gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni ya Yampano.

 

Icyo urukiko rwagendeyeho:

 

Kuri Djihad, umucamanza yavuze ko kuba afite urubuga rwe yishingiye rurimo abantu 989 kandi hasangijwemo ayo mashusho, yatanze urubuga rwakorewemo ibyaha.

 

Ikindi ni uko kuba Djihad yarafashe agace gato gatangira amashusho ‘screenshot’ akagashyira kuri ’status’ ye akanagakoresha mu biganiro, bishimangira ko yari afite umugambi.

 

Ishimwe Francois Xavier yari afite muri telefoni amashusho ya Yampano n’umugore we batera akabariro kandi akajya ayakwirakwiza muri Groups za WhatsApp bigize icyaha cyo gukwirakwiza.

 

Kwizera Nestor kuba yaratse amashusho ya Yampano, yarangiza na we akayaha Kalisa John bigize icyaha cyo gukwirakwiza.

 

Urukiko rwasobanuye ko nubwo yavuze ko yatse ayo mashusho ashaka kuyareba ariko akaba yarayakwirakwije, bigize icyaha.

 

Kuri Kalisa John, Urukiko rwavuze ko kuba yarasabye amashusho ariko akayereka n’abandi bigize icyaha.

 

Umucamanza kandi yategetse ko Ishimwe Patrick Pazzoman "agizwe umwere". Yerekanye ko nubwo muri telefoni ye, harimo amashusho ya Yampano, Ubushinjacyaha ntibugaragaza uko yagezemo kandi ko hari umunyamakuru wayamwatse amusubiza ko ntayo afite.

 

Ikindi kandi Ubushinjacyaha ntaho bugaragaza uwo yaba yaroherereje ayo mashusho.

 

Djihad yakatiwe gufungwa imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3 Frw.

 

Inkuru Bijyanye
Izindi