Nyuma yo guhohotera umugabo we Umugore warashe kwa Rihanna agiye gufungwa burundu

Mar 12th, 2026 04:25 AMBy undefined undefined
Share
Nyuma yo guhohotera umugabo we Umugore warashe kwa Rihanna agiye gufungwa burundu

Ivanna Ortiz w’imyaka 35 y’amavuko, ushinjwa kurasa ku nzu ya Rihana na A$AP Rocky iherereye i Beverly Hills, ashobora gukatirwa gufungwa burundu nyuma y’uko ashinjwe ibyaha 14 byo mu rwego rwo hejuru birimo no kugambirira kwica.

Ku wa 10 Werurwe 2026, uyu mugore yatangiye gukurikiranwaho icyaha cyo kugambirira kwica nk’uko People yabitangaje.

Yashinjwe kurasa abigambiriye kandi yitwaje intwaro/imbunda ku bushake nubwo abagize umuryango wa Rihanna batigeze bagerwaho n’amasasu akabakaba 10 yarashe aho baba.

Ortiz kandi ashinjwa ibindi byaha 10 bitandukanye by’ubugizi bwa nabi bwifashishije imbunda yo mu bwoko bwa pisitori. Hari n’ibyaha bitatu bitandukanye bindi byo kurasa ku nzu zituwemo cyangwa imodoka zibamo abantu.

Umushinjacyaha w’i Los Angeles, Nathan J. Hochman, yavuze ko kurasa ahatuwe cyane bishyira ubuzima mu kaga.

Ati “Turashima ko nta wakomerekejwe n’iri raswa. Ariko iri hohoterwa ritagize icyo rigendeyeho ntabwo rizihanganirwa muri sosiyete yacu. Abo bagizi ba nabi bazisanga bagiye kuba imfungwa n’abaroko bacu”.

Nahamwa n’ibyaha aregwa, Ortiz ashobora guhanishwa igifungo cya burundu, aho umuntu agumammuri gereza ubuzima asigaje ku Isi bwose.

Biteganyijwe ko azitaba urukiko bwa mbere ku wa 25 Werurwe muri uyu mwaka. Bizaba ari ukugira ngo yiregure ku byaha aregwa.

Ku mugoroba wo ku wa 9 Werurwe 2026 Rihanna yahise ahunga urugo rwe by’agateganyo ku bw’umutekano we, ndetse ntibiramenyekana niba Rihanna yaba aziranye n’uyu mugore.

Ortiz uvuka muri Leta ya Florida muri Amerika, yahise atabwa muri yombi nyuma yo kurasa kwa Rihanna nyuma aza kurekurwa atanzwe ingwate y’amafarannga. Yatangaje ko yabitewe n’uburozi, ishyari n’ubusambo ashinja Rihanna.

Uyu mugore si ubwa mbere afunzwe kuko muri 2023 yatawe muri yombi azira kubangamira no guhohotera John Doe bahoze babana nk’umugore n’umugabo. Bapfaga umwana babyaranye.


 
Inkuru Bijyanye
Izindi
 Abasore Baryamanye Bari Babyumvikanyeho: Icyo Semuhungu Avuga Ku Byaha Akurikiranweho
Abasore Baryamanye Bari Babyumvikanyeho: Icyo Semuhungu Avuga Ku Byaha Akurikiranweho

Semuhungu Eric wamamariye ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda ntiyemera ibyo aregwa n’abasore babiri bamushinja kubasambanya ku gahato akavuga ko baryamanaga babishaka ndetse banabyumvikanyeho.

Reba inkuru
 Kwibuka32: Filimi “Beyond the Genocide” ikomeje kwandika amateka aho yifashishwa muri Kaminuza zo mu Rwanda no muri Brazil
Kwibuka32: Filimi “Beyond the Genocide” ikomeje kwandika amateka aho yifashishwa muri Kaminuza zo mu Rwanda no muri Brazil

Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bikomeje ibihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, filimi mbarankuru yitwa Beyond The Genocide yayobowe na Zion Sulaiman Mukasa Matovu, ikomeje kwandika amateka mashya mu rugendo rwa sinema y’u Rwanda ndetse no hirya no hino ku Isi aho irikwifashishwa mu Kwigisha amateka no mu biganiro byimbitse mu banyeshuri, cyane cyane muri za kaminuza zitandukanye kuva mu Rwanda kugera muri Brazil n’ibindi bihugu.

Reba inkuru
Eric Semuhungu yatawe muri yombi
Eric Semuhungu yatawe muri yombi

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry yatangaje ko Semuhungu Eric yatawe muri yombi ku wa 9 Mata 2026.

Reba inkuru
#Kwibuka32: Minisitiri Amb Nduhungirehe na Utumatwishima bifatanyije n'urubyiruko 12,000 rwitabiriye igikorwa cya “Our Past26”
#Kwibuka32: Minisitiri Amb Nduhungirehe na Utumatwishima bifatanyije n'urubyiruko 12,000 rwitabiriye igikorwa cya “Our Past26”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, bifatanyije n'urubyiruko rurenga ibihumbi 12 rwitabiriye igikorwa “Our Past26”, kigamije kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Reba inkuru