Hakim Sahabo na Rafael York bongeye kugaruka mu ikipe y'igihugu

Muri uku kwezi ikipe y'igihugu Amavubi ifite imikino ibiri mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026, umutoza w'Amavubi amaze gushyira hanze urutonde rw'abakinnyi azakoresha.
Nyuma y'iminsi abakunzi b'ikipe y'igihugu bategereje kumenya abakinnyi bazahamagarwa, umutoza mushya w'Amavubi Adel Amrouce yashyize hanze urutonde rw'abazakina iyo mikino.

Ni urutonde rwagaragayemo bamwe mu bakinnyi bari bamaze igihe badahamagarwa nka Hakim Sahabo, Rafael York, Ishimwe Anicet ndetse na Manishimwe Djabel.
U Rwanda ruzakira Nigeria ku itariki 21 Werurwe mu gihe nyuma y'iminsi 4 gusa hazaba umukino n'ikipe y'igihugu ya Lesotho.
Kugeza ubu U Rwanda ruyoboye itsinda C n'amanota 7 mu gihe Nigeria yo ifite amanota 3 muri iyi mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026.
